Ibitero bya Iran birakataje aho intambara ya Iran irimo kurwanamo na Israel ifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubu haravugwa ko ibitero bya Iran byibasiye Irak Bahrain na Oman.
Ibi bitero byatwitse ubwato ku kiraro cya Basra cyo mu Majyepfo ya Iraki, bituma ibikorwa by’ibikomoka kuri Peteroli by’ico gihugu bihagarara.
Benshi mu bakozi bo muri ubwo bwato bararokowe ariko umwe arapfa.
Muri Bahrain, hari umuriro mwinshi nyuma y’aho Irani iteye ububiko bw’ibitoro bw’ikibuga cy’indege mpuzamahanga. Umwotsi wari mwinshi cyane ku buryo abategetsi barimo basaba abantu kuguma bifungiranye mu mazu yabo.
Muri Oman, abakozi bazimya umuriro baracyarimo barakora ibishoboka byose kugira ngo bazimye umuriro wadutse ku bubiko bwa Peteroli, kubera igitero cy'ejo ku cyambu cya Salalah. Ubu Oman yategetse ko ubwato buva ku gice gicururizwamo ibikomoka kuri Peteroli mu rwego rwo kwirinda ingaruka.
Ibi byagaragaje ko Irani ifite umugambi wo gutera akajagari k’ubukungu kazomara igihe kirekire.
Igisirikare cya Iran cyavuze ko amabanki ya mu Burengerazuba bw'isi ubu ari yo atahiwe kuraswaho ibisasu, ibi bije nyuma y'aho hari banki imwe yo muri Irani yagabweho ibitero.
Amabanki mpuzamahanga amaze igihe afunga ibiro byayo mu kigobe cy’abarabu nka HSBC muri Qatar, Citi na Standard Chartered i Dubai, aho yategetse abakozi bayo kwigumira mu rugo.

Post a Comment