Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko inzira imwe rukumbi yo guhagarika intambara barimo kurwana na Israel ifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari uko Israel na Amerika bishyura indishi ku byangijwe n'iyo ntambara muri Iran.
Uretse ibi, uyu mutegetsi yavuze ko ibi bihugu bikwiye kwemera uburenganzira bwa Iran, kandi bigatanga icyemezo ko bitazongera kuyigabaho ibitero.
Ibintu bikomeje kuba bibi mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, aho ibihugu bihanganye birimo kwitana ba mwana no gushinjanya ubushotoranyi.
Umwe mu bayobozi bakuru ba Iran, Mohammad Baqer Qalibaf, yahaye inkwenene ibyavuzwe na Amerika ko yasenye ubushobozi bwa Iran mu bijyanye n’ibisasu bya missiles.
Yavuze ko ibitero bya mbere bya missiles byinshi byari bigamije guhagarika no kuzimya radars n’uburyo bwo kwangiza ibisasu by'abo bahanganye.
Yongeyeko ko ubu Iran ishobora kurasa ku bice ishaka byose ikoresheje missiles nkeya.
Yavuze kandi ko uyu munsi uburyo bwo kwirwanaho bwa Israel buzwi nka Iron Dome busa n’aho bwabaye byenda gusetsa.

Post a Comment