Nyanza:Bombori bombori muri EP Kigali Abarimu barashinja Diregiteri gusesa akanama ka Discipline

 

Mu karere ka Nyanza Umurenge wa Busoro ninde uzacyemura ibibazo uruhuri muri EP Kigali  mugihe abarimu bikanga kubera imvugo zikarishye bavuga zikoreshwa n'umuyobozi w'ishuri.



Nyuma y'inkuru yavugaga amakimbirane hagati ya Diregiteri wa EP-KIGALI n'abarimu ba umunani Umuyobozi w'Umurenge wa Busoro yari yavuze ko bagiye kubikemura aya makimbirane ndetse n’umukozi Ushinzwe uburezi mu murenge yagiye avuga ko bari kubyitaho bagiye gukemura ibibazo byari bihari,nyamara kugeza magingo aya hari amakimbirane agenda yiyongera umunsi ku munsi.



Nyuma haje kuvuka ikibazo cy'ababyeyi basabwe amafaranga 500 frw kumwana yitwa ayimpapuro akunze kutavugwaho rumwe hirya nohino mu gihugu. Aya mafaranga yarasabwe nyamara ibizamini byandikwa ku kibaho ababyeyi bakibaza irengero ryayo nk'uko ahenshi umwana atanga 1500 kumwaka ukabura ibyakozwe.

Amakuru UMURUNGA.com twamenye nuko uyu Diregiteri ISHIMWE Emmanuel yategetswe kuyasubiza ababyeyi amafaranga yari yarishyuje. Ibibazo biri muri iki kigo cya EP Kigali  biterwa n’imibanire mibi  y’Umuyobozi w'ishuri Nishimwe Emmanuel n’abarimu ayobora kugeza ubwo yakuyeho akanama kose ka Discipline ahita ashyiraho agashya yishakiye nk'uko bivugwa.

Amakuru avuga ko  yashyizeho abo ashaka bazamufasha kwikiza abo yumva  adahuza nabo adashaka, byabereye mu nama Umuyobozi w'ishuri ISHIMWE Emmanuel yakoresheje kuwa 30 Mata 2026  kuva 9:00-12:00 , bivugwa ko yabikoze  Ntayindingingo yifashishije yaba sitati yihariye igenga abarimu maze asesa akanama ka discipline.

Bamwe mu baduhaye amakuru  bavuga ko mu matora hari abo yabujije ko batemerewe gutora cyangwa gutorwa yagize ati:’’ Ntabwo tuzi impamvu yakuyeho akanama ka ka discipline, gusa yajyaga ashaka ko bakurikirana Secretary akabaha amabaruwa amusaba ubusobanuro( Demande) yamuhaye ngo bayigeho ,babaza ushinzwe uburezi mu murenge akababwira ko babishyikirije Akarere bo ntaburenganzira bifite,bakabireka.

Akomeza avuga ko yahise abakuraho akanama ka Discipline ati :’’Ubwo yabakuyeho avuga ko inshingano zabo  zabananiye ibyo yabashyikirije batabinoza”.

Bavuga ko nyuma  yibaruwa yagaragaye mu itangazamakuru abarimu basaba abayobozi kurenganurwa  Umunyamabanga Nshingwabikirwa w’Umurenge wa Busoro yari yabikimuye bamusaba ko atagomba gucamo abarimu ibice.

Kubijyanye n’amafara yatswe ababyeyi we yita ayimpapuro Umugenzuzi w’uburezi we yari yamusabye kuyasubiza ababyeyi kuko bandika ku kibaho.

Bati :”Natwe twarabyumvuse ko bamusabye kuyasubiza ndetse yari yatangiye kuyashaka ntabwo tuzi impamvu atarayasubiza ababyeyi”.

Abarimu basaba ko ibi bazo byakemuka bagakora batuje  bati:"Mutubarize Inzego bireba zidutabare kuko Diregiteri wacu atangiye gukoresha imvugo zidukura imitima agira ati "Ndaje nkwereke ikivura inturo amabinga!" Nyamuneka duhora dutakamba akarere kacu ka Nyanza gashaka kaza iwacu kakadutabara pe hakiri kare."

Umurunga.com twashatse kumenya niba koko akanama ka Discipline karavanyweho nuyu Diregiteri ISHIMWE Emmanuel ahakana ibivugwa ko yaba yarasheshe akana ka discipline ati: Bakubwiye se impamvu yabyo? Ntabaruwa yabyo se bahawe? Umuntu iyo ari mu kanama ka discipline agenerwa, sitati iteganya ko atorwa na bagenzibe, atakubahiriza inshingano umuyobozi ashobora kubatera ikizere niba umuntu akekwaho gukora ikosa ry’akazi, ntabwo ari Diregiteri ufata umwanzuro niyo komite bakaba bafata imyanzuro kugihano uwo mukozi yahabwa’’.

Akomeza avuga ko iyo batubahirije inshingano batererwa ikizere ati:Iyo bibaye inshuro eshatu enye,eshanu icyo gihe iyo manda yabo irangiye bakurwaho ikizere ntibongere kwiyamamaza cyangwa kwamamazwa, manda yabo yarirangiye batowe 2023, ntabwo begujwe bitandukanye no kuvuga ngo baregujwe, njye nkumuyobozi ubishinzwe nabatereye ikizere hamamazwa n’abagenzi babo.’’

Kubijyanye n’amafaranga yari yaratswe ababyeyi twifuje kumenya niba yaba yarayashubije ati:’’ Ibyo ngibyo ni amatiku kandi mpora mbivuga, ngendera kumabwiriza yabadukuriye.’’

 

Yakomeje agira ati:’’Muri rusange mu gihugu twubahirize amabwiriza  agenga umurimo mu gihe twagiriwe ikizere n’abagenzi bacu tugihagararemo kuko ni tutubahiriza amabwiriza agenga umurimo tuzitwa abafatanya cyaha duce akarenganeruswa n’ikimenyane’’.

 

Ese sitati ivuga iki ku kanama ka Discipline?

Ingingo ya 52: Igihe abagize akanama gashinzwe gukurikirana amakosa yo mu rwego rw’akazi bamara ku mirimo yabo Abagize akanama gashinzwe gukurikirana amakosa yo mu rwego rw’akazi batorerwa manda y’imyaka itatu ishobora kongerwa inshuro imwe, uretse umuyobozi ushinzwe uburezi, umuyobozi ushinzwe abakozi n’ubutegetsi, umugenzuzi uva mu kigo gifite ubugenguzi bw’amashuri y’uburezi bw’ibanze mu nshingano n’umukozi ushinzwe iby’amategeko mu Mujyi wa Kigali cyangwa mu Karere.

Kubyiki kibazo Nyuma  twashatse kumenya icyo Akarere ka Nyanza kagiye gukora kuri iki kibazo Inshuro zose twahamagaye Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza Kajyambere Patrick ntiya twitabye ndetse n’ubutumwa twamuhaye kuwi Whatsapp ntiyadusubuza niko byagenze kumuyobozi Ushinzwe uburezi mu murenge wa Busoro Mirimo Jean Marie Vianney mugihe kurundi ruhande abayobozi bose birinze kugira icyo bavuga .

Ni mugihe aya makimbirane akunze kugaragara hirya nohino mu gihugu aho asanga umwuka mubi mu kigo bikagira ingaruka ku ireme ry’uburezi, bagasaba ko ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi bwibanze(REB)  n’ikigo gishinzwe ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) kugenzura imikorere n’imikoranire mu kuzamura ireme ry’uburezi.

 www.umurunga.com / IFASHABAYO Gilbert  

Previous Post Next Post

نموذج الاتصال