FARDC yerekanye abarwanyi ba AFC/M23/Twirwaneho bafatiwe ku rugamba



Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyatangaje ko cyafashe abantu 20 kivuga ko ari abarwanyi bahoze mu mitwe irimo AFC/M23 na Twirwaneho, bafatiwe mu bikorwa bya gisirikare byiswe Opération Sukola II bikomeje mu burasirazuba bw’iki gihugu.

‎Aba barwanyi ngo bafatiwe mu gace ka Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Epfo, aho ibikorwa bya gisirikare bikomeje gukaza umurego mu duce dutandukanye tugenzurwa n’imitwe yitwaje intwaro.

‎Amakuru yatangajwe n’umuyobozi w’ibi bikorwa muri Kivu y’Epfo, Colonel Apoko Bangala Michel, agaragaza ko aba barwanyi bagaragajwe mu ruhame nyuma yo gufatwa, mu rwego rwo kugaragaza intambwe igisirikare kivuga ko kimaze gutera.

‎FARDC ivuga ko nyuma yo kubafata, bahise bahabwa ubufasha burimo ubuvuzi ndetse n’ibiribwa, mu rwego rwo kubafasha gusubira mu buzima busanzwe nyuma yo kuvanwa mu nyeshyamba.

‎Aba barwanyi ngo bar basanzwe mu gace ka Minembwe, bakaba barafatanywe n’intwaro zitandukanye zirimo imbunda zo mu bwoko bwa AK-47, imashini ziremereye za PKM ndetse n’amasasu arasa kure yo mu bwoko bwa RPG-7.

‎Nk’uko FARDC ibivuga, bamwe muri bo batangaje ko bari babayeho mu buzima bubi ndetse ko bahoraga batotezwa.

‎Ku rundi ruhande, kugeza ubu imitwe ya AFC/M23 na Twirwaneho ntiragira icyo itangaza kuri aya makuru, mu gihe imirwano imaze imyaka igera kuri itanu mu burasirazuba bwa Congo igikomeje, kandi hakaba hakiri ikibazo cyo kutamenya neza umubare w’abafashwe cyangwa abasubijwe hagati y’impande zihanganye.

Previous Post Next Post

نموذج الاتصال