Donald Trump yongeye gutanga umuburo ukomeye kuri Iran, avuga ko ishobora kugabwaho ibitero byibasira ibikorwa remezo by’ingenzi mu gihe ibiganiro byaba bikomeje kudatanga umusaruro.
Yatangaje ko Amerika izohereza intumwa i Islamabad muri Pakistan, aho ibiganiro bishya biteganyijwe gukomereza, nubwo hari impungenge ku musaruro bizatanga.
Trump yavuze ko niba nta bwumvikane buzagerwaho, hashobora gufatwa ingamba zikomeye zirimo kwibasira ibikorwaremezo nk’ingomero n’ibiraro, ibintu byatuma umwuka mubi urushaho kuzamuka.
Ibi bibaye mu gihe agahenge kari hagati ya Amerika, Iran na Israel kari hafi kurangira, bikongera impungenge ku mutekano w’akarere.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, we yashimangiye ko igihugu cye gifite uburenganzira bwo gukomeza gahunda ya nikereyeri, akavuga ko igamije amahoro, nubwo Amerika ibishidikanyaho.
Ikindi kibazo gikomeye ni imikoreshereze ya 'Strait of Hormuz', inzira y’ingenzi mu gutwara peteroli, aho Iran ikomeje kuyigenzura mu buryo butemeranywaho.
Nubwo impande zombi zigaragaza ubushake bwo kuganira, amagambo akomeye atangazwa ku mpande zombi akomeje gutuma benshi batekereza ko ibiganiro biteganyijwe nta musaruro bizatanga.
