Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye kitazigera gisiga abasirikare bacyo inyuma, nyuma y’igikorwa cyagenze neza cyo gutabara umusirikare w’Umunyamerika wari wahanutse muri Iran.
Nk’uko perezida yabivuze, indege nyinshi za gisirikare zagize uruhare muri icyo gikorwa gikomeye cyo gutabara. Amakuru yatangajwe na Fox News avuga ko ingabo za Amerika zarashe amasasu mu rwego rwo kubuza Abanya-Iran kwegera aho igikorwa cyo gutabara cyaberaga.
Yagize ati:"Twamubonye! Banyamerika bagenzi banjye, mu masaha make ashize, Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoze kimwe mu bikorwa bikomeye cyane byo gushakisha no gutabara byigeze bikorwa mu mateka ya Amerika. Icyo gikorwa cyari kigamije gutabara umwe mu bagize itsinda ry’abakozi b’indege zacu, akaba ari n’umusirikare w’inararibonye ufite ipeti rya Koloneli, wubahwa cyane. Nishimiye kubamenyesha ko ubu ari amahoro kandi ari muzima."
Perezida Trump yavuze ko uwo musirikare ufite ipeti rya koloneli yakomeretse, ariko ko ubuzima bwe buhagaze neza kandi azakira. Yanavuze ko nta musirikare w’Umunyamerika wapfuye cyangwa wakomerekeye muri icyo gikorwa cyo kumutabara.
Iki gikorwa cyongeye kugaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikora ibishoboka byose kugira ngo zirinde ubuzima bw’abasirikare bazo no kubagarura mu mutekano igihe bagize ikibazo bari mu bikorwa bya gisirikare.
