Bugesera: Umugabo arakekwaho kwica umugore we n'uruhinja, akabaguma iruhande

 


Mu Karere ka Bugesera haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ntawumenyumunsi Jean Paul, ukekwaho kwica umugore we n’umwana w’uruhinja ufite ukwezi kumwe n’iminsi ibiri.

‎Bikekwa ko ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere Taliki 20 Mata 2026, mu Mudugudu wa Rugari, Akagari ka Rugunga mu Murenge Mwogo.

‎Amakuru avuga ko bikimara kuba uyu mugabo yagumye iruhande rw'imirambo, kugeza inzego z'umutekano zije kumusohora.

‎Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mwogo, Mushenyi Innocent, yemereye Umuseke ko ibi byabaye.

‎Yagize ati: "Nyakwigendera yitwa Niyitegeka Gaudence w'imyaka 22 y'amavuko n'umwana we w'ukwezi kumwe n'iminsi ibiri. Nta makimbirane bari bafitanye, turindiriye ibiva mu iperereza kuko ukekwaho icyaha yafashwe."

‎Uyu muyobozi yibukije abaturage ko bakwiye kubana mu mahoro, bubahana kandi bagatangira amakuru ku gihe.

‎Ati: "Iperereza riracyakomeje kuko ubu niho tukiri, hari na RIB nyiri ubwite ashobora kuza kugaragaza icyabimuteye kuko kugeza ubu ntacyo aravuga."

‎Ubwicanyi hagati y’abashakanye, ni ikibazo kigira ingaruka ku muryango by’umwihariko abana, iyo umubyeyi umwe yapfuye undi na we agafungirwa icyo cyaha yakoze.

Previous Post Next Post

نموذج الاتصال