Kuri uyu wa Kabiri Taliki 14 Mata 2026, Ubushinjacyaha bwashyikirishwe Dosiye ya Semuhungu Eric, ukurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Dr. Murangira B. Thierry, Uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, niwe wahamije ko dosiye ya Semuhungu Eric, yagejejwe mu Bushinjacyaha.
Semuhungu yatawe muri yombi Tariki 9 Mata 2026, akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa ndetse n’icyo gusebanya.
Icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato giteganywa n’ingingo ya 134 y’itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Uwahamijwe n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 10, ariko kitarenze imyaka 15 n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1 y'amafaranga y'u Rwanda ariko itarenze miliyoni 2 z'amafaranga y'u Rwanda.
Icyaha cyo gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa giteganywa n’ingingo ya 34 y’itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.
Iyo ugihamijwe n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitari hejuru y’imyaka itanu, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni y'amafaranga y'u Rwanda ariko itarenze miliyoni 3 z'amafaranga y'u Rwanda.
Icyaha cyo gukangisha gusebanya giteganwa n’ingingo ya 129 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Uhamijwe n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka 1 ariko kitarenze imyaka 3, n’ihazabu itari munsi y’ibihumbi 100 by'amafaranga y'u Rwanda ariko itarenze ibihumbi 300 by'amafaranga y'u Rwanda.
