Mu gihugu cy'u Burundi haravugwa inkuru y'urupfu rwa Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho w’iki gihugu, Gabby Bugaga, wasanzwe mu modoka ye yapfuye.
Kuri uyu wa Kane Taliki 16 Mara 2026, nibwo umurambo wa Bugaga wasanzwe, mu gace ka Rubirizi mu ntanzi z’umujyi wa Bujumbura, uri mu modoka ye.
Kugeza ubu Guverinoma y'u Burundi ntiragira icyo ivuga ku rupfu rwa Minisitiri Bugaga, ndetse ntiharamenyekana icyabaye intandaro y’urupfu rwe, ariko hari amakuru amwe avuga ko yaba yazize impanuka.
Bugaga wigeze kuba Umunyamakuru, muri Kanama 2025, ni bwo yagizwe na Perezida Evariste Ndayishimiye Minisitiri w’Itangazamakuru ndetse n’Itumanaiho.
