Bujumbura: Minisitiri w'Itangazamukuru yasanzwe mu modoka ye yapfuye

 


Mu gihugu cy'u Burundi haravugwa inkuru y'urupfu rwa Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho w’iki gihugu, Gabby Bugaga, wasanzwe mu modoka ye yapfuye.

‎Kuri uyu wa Kane Taliki 16 Mara 2026, nibwo umurambo wa Bugaga wasanzwe, mu gace ka Rubirizi mu ntanzi z’umujyi wa Bujumbura, uri mu modoka ye.

‎Kugeza ubu Guverinoma y'u Burundi ntiragira icyo ivuga ku rupfu rwa Minisitiri Bugaga, ndetse ntiharamenyekana icyabaye intandaro y’urupfu rwe, ariko hari amakuru amwe avuga ko yaba yazize impanuka.

‎Bugaga wigeze kuba Umunyamakuru, muri Kanama 2025, ni bwo yagizwe na Perezida Evariste Ndayishimiye Minisitiri w’Itangazamakuru ndetse n’Itumanaiho.

Previous Post Next Post

نموذج الاتصال