Alexandre Ramagem wahoze ayobora urwego rw’ubutasi muri Brésil, yatawe muri yombi ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, ICE.
Nk’uko byatangajwe n’uru rwego, Ramagem yafashwe ku wa 13 Mata 2026, nyuma y’igihe yari amaze muri Amerika, aho bivugwa ko yari yarahungiye avuye mu gihugu cye.
Uyu mugabo akurikiranyweho uruhare mu mugambi wo guhirika ubutegetsi muri Brésil, aho yavuzwe mu itsinda ryari rifitanye isano n’uwahoze ari Perezida, Jair Bolsonaro.
Bolsonaro wayoboye Brésil hagati ya 2019 na 2022, yatsinzwe amatora na Luiz Inácio Lula da Silva, bikekwa ko byakurikiwe n’imigambi yo gushaka guhindura ubutegetsi ku ngufu, ariko uwo mugambi ntiwigeze ugerwaho.
Ku ruhande rwa Ramagem, yakatiwe igifungo cy’imyaka 16 kubera uruhare rwe muri uwo mugambi wo gukuraho ubutegetsi bwa Lula, nubwo yari yarahunze mbere y’uko afatwa.
Icyakora, impamvu nyakuri y’ifatwa rye ntirasobanuka neza, kuko hari abavuga ko bishobora kuba bifitanye isano n’ibyifuzo bya Brésil byo gusaba ko yoherezwa iwabo, mu gihe abandi barimo Paulo Figueiredo bavuga ko ashobora kuba yafatiwe ku kutubahiriza amategeko y’umuhanda.
