Trump yikomye AI n'itangazamakuru kubogamira kuri Iran mu ntambara barwana na Iran

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko itangazamakuru riri gukwirakwiza amakuru atari yo ku ntambara iri hagati ya Amerika, Israel na Iran.

Mu magambo yavuze ari mu ndege ya perezida Air Force One, Trump yavuze ko Iran iri gutsindwa cyane ku rugamba, ariko ko hari amakuru ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru agamije kuyigaragaza nk’iri gutsinda.

Trump yavuze ko Iran iri gukoresha ikoranabuhanga rya Artificial Intelligence (AI) mu gukora amashusho n’amafoto atari ukuri agaragaza ko ingabo za Amerika zakomeretse cyangwa zishwe kandi ko Iran iri gutsinda intambara nyamara atari byo. Yatanze urugero rw’amashusho agaragaza ubwato cyangwa indege za Amerika zahiye, avuga ko ayo mashusho ari ibihimbano.

Perezida Trump kandi yavuze ko Iran iri gukorana hafi n’ibitangazamakuru bimwe byo mu Burengerazuba bw’isi kugira ngo ayo makuru atari yo akwirakwizwe, nubwo atigeze atanga ibimenyetso bifatika byemeza ibyo avuga.

Ibi byateje impaka zikomeye ku bwisanzure bw’itangazamakuru, nyuma y’uko Trump anavuze ko ibitangazamakuru bikwirakwiza amakuru y’ibinyoma bishobora gufatirwa ibihano bikomeye, harimo no gukurwaho impushya zo gutangaza amakuru.

Ku rundi ruhande, abashakashatsi mu bijyanye n’itangazamakuru n’ikoranabuhanga bavuga ko koko muri iyi ntambara hari amashusho n’amakuru menshi yakozwe na AI cyangwa yafashwe ahandi yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bigatuma bigora kumenya ukuri ku bibera ku rugamba.

Iyi ntambara iri gukomeza guteza impungenge ku isi, mu gihe amakuru atandukanye n’amafoto menshi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga bigatuma abantu benshi bagorwa no kumenya ukuri nyako ku bibera ku rugamba.


Previous Post Next Post

نموذج الاتصال