Ibikomere biterwa n'urushako -imwe mu ndwara zavumbuwe n'impuguke y'Umunyarwanda

 Umunyarwanda w'impuguke mu buzima bwo mu mutwe n'ubuvuzi rusange bw'abantu avuga ko yavumbuye indwara eshatu z'ihungabana, n'uburyo bukiri mu igerageza bwo kuzivura.













Dr.Celestin Mutuyimana w'imyaka 40,ni  umwarimu muri Kaminuza ya Zurich mu Busuwisi ishami ry'ubumenyi bw'ubuzima bwo mu mutwe (Psychology).

Ibyo Dr Mutuyimana yagezeho mu bushakashatsi bwe  bwanagenzuwe n'abandi bahanga bo mu rwego rwe mu gikorwa kizwi nka 'peer review' byamuhesheje igihembo umwaka ushize i Berlin mu Budage kizwi nka  ''Ernst Eduard  Boesch Prize for Cultural Psychology''

Ni igihembo yavuze ko gihabwa ''umuntu ukiri mutoya mu bya siyanse, wabashije gukora ubushakashatsi buha agaciro umuco kandi bukagira uruhare mu gufasha aho atuye n'isi muri rusange''.

Mu kiganiro yagiranye na BBC News Dr Mutuyimana yavuze ko mbere y'uruhererekane rw'ubushakashatsi bwe yatangiye gukora mu mwa wa 2018 hari hamenyerewe  uburwayi bwo  mu mutwe  buterwa n'ihungabana buzwi nka ''Post-Traumatic Disorder''(PTSD) n'agahinda gakabije (Depression).

Yavuze ko yaje gusanga hari abantu baba bafite ibimenyetso ,batajya bibona na rimwe bafite ibyo bimenyetso nkuko  bivugwa mu bitabo by'abahanga byandikiwe muri Amerika n'i Burayi'


Yagize ati :'' Ukabona abantu bararwaye ariko ntibizigere bibona muri ibyo bimenyetso bafite.Hanyuma rero ubushakashatsi bwanjye bwa mbere  bwari  ubwo kumenya ,kureba ibyo bimenyetso byihariye bitewe n'umuco umuntu atuyemo.''

Ubwo burwayi butatu ni ubuhe?

Avuga ko yamaze kwerekana uburwayi butatu ariko ntabwo buremezwa ngo bube uburwayi mpuzamahanga ariko nibura burazwi.Mbere yuko akora ubushakashatsi ntabwo  bwari buhari.

Imwe mu nyandiko yatangajwemo bumwe mubushakashatsi bwe yemera ko ingingo y'ihungabana rituruka ku rushaka itarakorwaho ubushakashatsi bwimbitse.


Uburwayi bwa mbere ni ubwo yise ibikomere by'amateka, ''ni ukuvuga kuba hari abantu bahuye n'amateka asharira,ahuriweho n'abantu bose kandi akomeza yisubiramo,hari ibimenyesto bagira abandi bantu batagira kandi birenze bya bindi twari tuzi by'ihungabana''.


Amwe muri ayo mateka ni nka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu Rwanda.

Indwara ya kabiri,yise ibikomere by'umuco, igaruka ku bimenyetso by'ihungabana umuntu ashobora kugira bitewe n'umuco abamo.

Yagize ati:''Urugero , nk'ubu mu muco wacu ,abantu benshi  barakubwira bati numva  mfite  ububabare  bw'umubiri, numva mbihiwe muri njyewe, numva ntashaka kwegera abantu."

Dr Mutuyimana avuga ko abantu benshi baba badashobora kujya kubyivuza bitewe n'uko umuco wacu avuga ngo "Imfura ishinjagira ishira", "agahinda k'inkoko kamenywa n'inkike yatoyemo" cyangwa se "baramutse bambonye""amarira y'umugabo atemba ajya mu nda

Uburwayi bwa gatatu avuga ko yavumbuye ni ubugaragaza ko hari abantu bagira ibikomere batewe n'urushako kubera ko ibyo bari biteze kuzabona mu rushako bitigeze biboneka.


Yagize ati:Ugasanga umuntu afite ibimenyetso nko kubabara umutwe igihe kinini ,kubabara ijosi,umugongo,kumva  ahora iteka atekereza ku rushako rwe,kutagira amahoro muri we, kumva ibintu byose muri iyi si yarabyanze ndetse yaranze n'abantu n'ibindi, ariko wabitekereza ukabura ngo ni ubuhe burwayi [arwaye].

Nyuma yaje gusanga ko ari uburwayi bwihariye , mu bushakashatsi bwe yasanze muri Afurika yo munsi y'ubutayu bwa Sahara ,ariko , nkuko  abivuga ,bigaragara ko no mu bihugu by'i Burayi n'Amerika '' byashoboka'' ko buhari.

Yavuze ko ibikomere by'amateka  yasanze ari 31% by'Abanyarwanda bafite iryo hungabana,bakaba barimo n'urubyiruko  kuko ibikomere by'amateka birahererekanywa biva mu kiragano kimwe bijya mu kindi.
ati:'' Bitavuze ko ibikomere ufite ubikira kwa mama wawe cyangwa kwa papa wawe.Oya , kuba [gusa] utuye muri uwo muryango[communaute] wahuye na mass trauma, n'ibindi bihungabanya icyarimwe abantu  bose bakaba bafite ibyo bikomere''.

Minisiteri y'ubuzima mu Rwanda ivuga ko umuntu umwe muri batanu mu Rwanda yahuye n'ikibazo cy'ubuzima bwo mu mutwe, nkuko bikubiye mu bushakashatsi bwakozwe n'ikigo cy'igihugu cy'ubuzima (RBC)  mu mwaka wa 2018.

Bumwe mu muvuzi 


Dr Mutuyimana ko imwe mu miti yifashisha  mu kuvura abagana ikigo yashinze gikorera mu Rwanda n'ahandi cy'ubuvuzi bwo mu mutwe no guhugura abantu ku buzima bwo mu mutwe cyitwa '''Baho Smile Institute''  harimo nko gutega amatwi abarwayi,no kubaha aho bavugira bisanzuye ,''kuko akenshi icyo umuntu abuze abuze aho hantu  ho kuvugira kugirango avuge na byabindi bitavugika'' no kumusobanurira ubwo burwayi.

Ati:Imwe mu miti turimo kugerageza  kugora ni ishingiye ku buntu,turigufasha abantu ko  bongera  kwiyumva ko ari abantu ,ko bongera kwiyumva  ko ubuzima bukwiriye kubaho,ko bongera kwiyumva ko bacyeneye abandi, ko bongera kuzanira [kuzana] icyizere n'icyanga cy'ubuzima.

Yakomeje agira ati:'' Igihe turi kuvura  umuntu ntabwo tumuvura ku giti cye .Dufite  na techniques uburyo  bwo kuvura noneho bushyiramo n'umuryango..

'' Kugira ngo umuryango wongere uganire,wongere ugire ubumwe,wongere uryoherwe no kubaho,wongere wige,wongere ugabanye violence ni ukuvuga ihohotera[urugomo] wongere ube umuryango ureba yuko ubuzima bushoboka kubaho kandi abantu bihanganiranye kandi baranakize''.
 
Yasabye ko Abanyarwanda barushaho guha agaciro  imigani nka ''nta mugabo umwe'','' umutwe umwe wifasha gusara[ntiwigira inama] n'ushaka gukira indwa arayirata.




Previous Post Next Post

نموذج الاتصال