Israel yarashe ku mijyi 3 yo muri Iran



Ingabo za Israel zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero bikomeye byibasiye ibikorwaremezo byo muri Iran, cyane cyane mu Mijyi ya Tehran, Shiraz na Tabriz.

‎Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’izo ngabo, rivuga ko ibi bitero bigamije gusenya ibikorwa aho bihurira cyane n’ubutegetsi bwa Iran, Israel ivuga ko bushyigikira ibikorwa by’iterabwoba.

‎Iryo tangazo rigira riti: “Ingabo za Israel (IDF) zatangiye ibikorwa byinshi bya gisirikare byo kwibasira ibikorwaremezo bifitanye isano n’ubutegetsi bwa Iran, mu Mijyi ya Tehran, Shiraz na Tabriz.”

‎Intambara ihanganishije Israel, Amerika na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026. Minisiteri y’Ubuzima muri Israel yatangaje ko kugeza ubu abantu 3369, barimo abasivili n’abasirikare, bamaze gukomerekera muri iyo mirwano.

‎Ku rundi ruhande, igihugu cya Bahrain cyavuze ko kuva iyi ntambara yatangira kimaze kurasa no gusenya misile 129 hamwe na drones 215 zari zigamije kugaba ibitero mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati. Muri ibyo bitero, abantu babiri ni bo bamaze kuhasiga ubuzima.

‎Mu gitondo cyo ku wa 16 Werurwe 2026, Iran na yo yarashe misile nyinshi muri Israel, ariko nyinshi muri zo zashwanyagurijwe mu kirere. Bimwe muri byo byaguye mu Mijyi ya Shoham, Rishon LeZion, Lod na Ness Ziona, hafi y’Umujyi wa Tel Aviv.

‎Iran kandi yagabye igitero ikoresheje drones mu mujyi wa Fujairah uri mu burasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).

‎Uyu mujyi wa Fujairah uri hafi y’igihugu cya Oman, kandi wegereye inzira y’ingenzi ya Hormuz, inyuzwamo hafi 20% bya peteroli icuruzwa ku Isi. Ni na ho UAE inyuzamo igice kinini cya peteroli yohereza mu mahanga.

Previous Post Next Post

نموذج الاتصال