Hari ikintu cyatangaje benshi cyabaye mu Buhinde muri Leta ya Telangana,aho umugabo wari urakaye yateye umukobwa urushinge nyuma y'uko yanze ko bashyingiranwa.
Nyuma byamenyekanye ko urushinge uyu mugabo yamuteye rwarimo amaraso yanduye virusi itera SIDA.
Pilisi yo muri ako gace ivuga ko uyu mugore ubu arimo kuvurwa.
Mu mezi make ashize,umuryango w'uwo mukobwa w'imyaka 24 utuye mu gace ka Annojiguda, n'umuryango w'umusore w'imyaka 25 bari baturanye, bari bemeye ko abo bombi bashyingiranwa.
Polisi ivuga ko imiryango yabo ubusanzwe ifitanye isano. Ibi bikaba bisanzwe biba mu muco w'Abahinde.
Uwo musore yari umushoferi w'imodoka z'ubwikorezi.
Kubera ko ababyeyi b'uyu musore bakekwagaho kuba baranduye agakoko gatera SIDA, ababyeyi b'umukobwa bifuzaga ko umuhungu yabanza gupimwa mbere y'uko ubukwe buba.
Ikizamini cya Laboratwari cyagaragaje ko umuhungu yanduye SIDA.Ubukwe bwarahagarutswe . ibi ni ibyatangajwe n'umuryango w'uyu mukobwa kuri sitasiyo ya Polisi.
Umupolisi w'i Pocharam yagize ati:" Umusore yararakaye nyuma y'uko ubukwe buhagaritswe".
Iperereza ryacu ryagaragaje ko uyu musore yateye umukobwa urushinge, kugira ngo amaraso ye ayavange n'ay'umukobwa.
Yatekerezaga ko aramutse amuteye SIDA,atazashobora gushaka undi muntu uwo ari we wese.
"Yinjiye mu nzu ku ngufu"
Ababyeyi b'uyu mukobwa bavuze ko ibi byabaye ku wa 11 Werurwe 2026,
Bagize bati:" Yari azi ko umukobwa wacu ari wenyine mu rugo.Yinjiye mu nzu yongeraho kumusaba ko babana,abyanze akoresha ingufu amutera urushinge rufite amaraso".
Uwo mukobwa yagize ubwoba bwinshi ku buryo atabibwiye ababyeyi be.
Nyuma y'iminsi mike yatangiye kumva ubushyuhe bwinshi no kubabara aho yatewe urushinge.
Ababyeyi be bamujyanye kwa muganga ari naho yabashije kubabwira ibyamubayeho, nk'uko abiviga.
Ababyeyi b'uyu mukobwa bagize bati:"Umuhungu yashakaga kwica umukobwa wacu amuteye urushinge rufite amaraso yanduye virusi itera SIDA.Hakwiye gufata ingamba zikomeye mu mategeko".
Yari azi ko afite agakoko gatera SIDA
Polisi yakiriye ikirego ku wa 13 Werurwe.ucyekwaho icyaha yatawe muri yombi, nk'uko byatangajwe n'umupolisi ushinzwe iperereza Vijay Bhaskar Reddy.
Polisi yagize iti:"Turimo gukora iperereza ku buryo yanduye virusi itera SIDA.Hari igihe avuga ko yavukanye iyi virusi, hari n'igihe avuga ko yanduye,turimo gukora iperereza kuri iperereza kuri iki kibazo".
Ibimenyetso ntibikunze kugaragara ako kanya
Dr.Pratik Patil Yashwant ,inzobere mu ndwara zandura yabwiye itangazamakuru ko nubwo uyu mukobwa nta virusi afite ubu, hakenewe ibindi bipimo mu byiciro bitandukanye.
Dr.Patil ati:" Iyo amaraso y'umuntu wanduye agakoko gatera SIDA atewe mu wundi muntu,amahirwe yo kwandura aba arenga 90%".
Avuga ko mu ntangiriro ibizamini bya PCR na serology ntibishobora kugaragaza ubwandu.Ibi bizamini bigomba gusubirwamo inshuro nyinshi.
Yengeyeho ko hari igihe virusi yihisha mu turemangingo tw'amaraso maze ibizamini ntibigire icyo bigaragara ako kanya. Ku bw'ibyo, hakenewe igenzura rihoraho no gupimwa buri gihe.
Meena Hariharan , Umwarimu mu ishami ry'imitekerereze ya muntu muri Kaminuza ya Hyderabad,yavuze ko ibyakozwe n'uwo musore ari imyatwarire idahwitse.
.jpeg)