Umujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga Umuyobozi aravugwaho kutishyura Umwarimu Sacco abarimu bamusinyiye(Abishingizi) bagatabaza Leta.
Umuyobozi
w'ishuri IHUMURE TVT witwa Mapinduzi Alphonse aravugwaho kwaka inguzanyo mu
mwarimu Sacco,ntayishyure ubwo yari umwarimu,nkuko abishinjwa n’abamusinyiye(Abishingizi).
Uyu Muyobozi w'IHUMURE TVT Mapinduzi Alphonse yahoze yigisha mu Karere ka
Gasabo Umurenge wa Ndera ku ishuri rya GS Gasogi aho yakoraga.
Inguzanyo
yayatse agikora mu Karere ka Gasabo arangije yirukunwa mukazi kubera amakosa yo
mukazi nk'uko abamusinyiye babivuga ariko akaza kubona akazi.
Bavuga ko
atarabona akazi ntawari ku murenganya ariko kuba yaratereye agati mu ryinyo
nyuma yo kubona akazi bo bikabagiraho ingaruka ari uburangare bukabije.
Ingaruka
byagizeho kubamusinyiye(Abishingizi)
nuko bamaze gushyirwa muri CRB bivuzeko ntaho bahabwa inguzanyo nk'uko
batubwiye.
Bavuga ko
batewe agahinda no kubona uyu muyobozi Mapinduzi Alphonse we atari muri CRB,
yewe akaba ahemberwa muyi ndi bank ubuzima bugakomeza.
Umwe agira
ati:" Ntabwo norohewe kuko na Sacco ntabwo yampa inguzanyo iyo ariyo
yose Sacco ikwiriye kudufasha ikamukurikirana kuko niwe wagurijwe kandi
twayigejejeho ikibazo cyacu."
Bavuga ko
kugeza ubu ubuzima bubagoye kuko ntawabona inguzanyo mu gihe bashaka kwiteza
imbere
Umwarimu
mu gahinda kenshi ati:" Kubera iki koko! Mutubarize Sacco twagiye
kuyisaba ko yamukurikirana ahubwo idushyira muri CRB dukwiriye gutabarwa noneho
biratugoye pe!.’’
Uwitwa
Abel ati:’’Mapinduzi yaduteje ibibazobikomeye,twagiye ku mwarimu saccoo
tuziko bazadufasha bamwe ,dufata ingamba zo gushaka aho dukura amafara ngo
twishyure nkubu mwishyurira ibihumbi makumyabiri buri kwezi (20,000frw) ngo
nkureho uruhare rwanjye rwa Miliyoni, kandi
afite akazi muri Nyarugunga biratugoye pe.’’
Akomeza
asaba ko abo bireba bose bamutegeka gucisha umushahara we muri Sacco bakajya
biyishyura, bikaborohera guhembwa intica ntikize kubera icyo kibazo.
Umurunga.com twashatse kumenya icyigiye gukorwa tuvugisha uyu
Muyobozi w'IHUMURE TVT Mapinduzi Alphonse nawe adusubiza agira ati:"Bazaza
tukazavugana tukemeranya icyo umuntu yakora kubera ko ubu ngubu si ndahemberwa
mu Mwalimu sacco,ariko niyo ntego.’’
Twamubajije
impamvu yahinduye Bank ati:’’Ntabwo nahinduye Bank ayo makuru arapfuye ,ahubwo
njyewe natangiye mu kwa Mbere ntabwo biratungana,ariko navuganye n’umwe muribo
mu bwira ko tuzahura tukabivuganaho nubwo ntabonye umwanya ariko muri iyi minsi birakunda nzabamenyesha.’’
Akomeza
avuga ko yatse inguzanyo ya Million eshatu (3 millions),akishyuraho amezi
macye cyane, nyuma hari abagiye bashaka
gusaba inguzanyo mu bamusinyiye bagasabwa kwishyura ho macye zajya kureba uko
bimeze.
Twashatse
kumenya icyo Umwarimu Sacco ugiye gufasha aba barimu duhamagara Umuyobozi wa Sacco UWAMBAJE Laurence ntiya twitaba inshuro zose twamuhamagaye ndetse ntiyasubiza
ubutumwa twamwandikiye.
Ni mugihe
hakunze kumvikana amajwi yabamwe mu barimu bataka gushyirwa muri CRB, ndetse
bakimwa serivise mu mwarimu Sacco kandi icyo baba basabwa ari ukubwira Sacco
aho awayambuye ari,bagasanga bishobora guteranya abarimu mu gihe iyi ngingo itavuguruwe.
Abarimu
bibaza impamvu bakwishyuzwa kandi uwo bishingiye afite akazi,iyi ni ingingo ikunze
kutavugwaho rumwe ndetse abarimu bakavuga ko ibabangamiye.
Mu gihe
Ubuyobozi bwa Umwalimu Sacco bagira cyo babivugaho tukaba twabigarukaho.
