Ikipe y’Umurenge wa Kimisagara mu mukino wa Volleyball irashinja iy’Umurenge wa Kinyinya gukinisha abakinnyi batabyemerewe mu irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup 2025/2026.
Hirya no hino mu gihugu hakomeje gukinwa imikino y’Umurenge Kagame Cup 2025/2026. Mu mpera z’iki Cyumweru muri Volleyball amakipe yitwaye neza yarahuye ngo haboneke ikipe ebyiri zizahagararira umujyi wa Kigali.
Ni muri urwo rwego ikipe ya Kinyinya, Niboye na Kimisagara zahuye hagati yazo.
Kinyinya yatsinze Niboye amaseti 3-0, Niboye itsinda Kimisigara Amaseti 3-1 naho Kinyinya itsinda Kimisigara amaseti 3-0. Nubwo Kinyinya yatsinze imikino yayo yose ndetse igahita iba iya mbere ariko irashinjwa kuba yarakoresheje abakinnyi batemewe.
Mu mategeko y’Umurenge Kagame Cup harimo ko nta mukinnyi wemerewe gukoreshwa amaze munsi y’imyaka ibiri afite ‘licence’ yo gukina mu cyiciro cya mbere.
Aha ni ho ikipe y’Umurenge wa Kimisagara na Niboye zihera zishinja Kinyinya gukoresha abakinnyi bafite licence nka Yakan Guma Laurence na Gakire Claude kandi bari bafite licence muri 2024.
Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere ari bwo aya amakipe yombi atanga ikirego.
Amakuru yandi avugako Umujyi wa Kigali wamaze gutegeka utu turere byanze bikunze ko tugomba gukina,ariko ibi bikagarura n'amakuru adafitiwe gihamya yigeze kuvugwa ko bifuzagako akarere ka Gasabo ariko ka komeza,...
