Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Irak igitaraganya

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri mu murwa mukuru wa Iraq, Baghdad, yasabye abaturage bayo bose bari muri Iraq kuhava vuba bishoboka, nyuma y’igitero cy’igisasu cya missile cyayigabweho mu ijoro ryo ku wa Gatanu.



Amakuru aturuka ku nzego z’umutekano avuga ko missile yaguye mu gace ka helipad kari mu kigo cya ambasade kiri mu gace gakomeye ka Green Zone, ahari inyubako za leta n’andi ambasade. Umwotsi wabonetse uzamuka hejuru y’inyubako nyuma y’igitero, nubwo amakuru ya mbere atagaragaza niba hari abakomeretse cyangwa abapfuye.

Ibi bibaye ubugira kabiri ambasade igabwaho igitero mu gihe gito, mu gihe amakimbirane hagati ya Amerika na Iran akomeje gukaza umurego mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatandatu, ambasade ya Amerika yatangaje ko Abanyamerika bari muri Iraq bagomba kuhava ako kanya, kubera ibyago by’ibitero bishobora gukorwa n’imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano na Iran.

Ambasade yanavuze ko kuba indege z’ubucuruzi zidahari muri iki gihe bishobora gutuma bamwe banyura ku mipaka y’ibihugu bituranye na Iraq, birimo Jordan, Kuwait, Saudi Arabia na Turkey.

Iki gitero kibaye mu gihe intambara n’amakimbirane hagati ya Amerika, Israel na Iran byatumye umutekano mu karere wongera kuba muke, ndetse ibitero bya drones na missiles bikomeje kugaragara ku birindiro bya Amerika n’ibindi bikorwa bifitanye isano na yo muri aka karere.

Previous Post Next Post

نموذج الاتصال