Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ingabo zaryo zishe abantu batanu bari bitwaje intwaro, bashinjwa kugerageza guhungabanya umutekano w’abaturage bo mu Mujyi wa Goma.
Mu ijoro ryo ku wa 15 rishyira ku wa 16 Werurwe 2026, mu bice bitandukanye byo mu nkengero z’uyu mujyi birimo Mugunga, Kyeshero na Ndosho humvikanye urusaku rw’amasasu yamaze igihe kigera hafi ku masaha abiri.
Amakuru yavugaga ko abo bitwaje intwaro baturutse muri Pariki ya Virunga, bakaba bari bagamije kugaba ibitero no kwiba mu maduka y’abaturage bo muri ibyo bice.
Bamwe mu baturage bahatuye bavuze ko abo bantu bashatse kumena amaduka yabo ngo batware ibicuruzwa, ariko ingabo za AFC/M23 zihita zitabara mbere y’uko ibyo bikorwa.
Meya w’Umujyi wa Goma, Julien Katembo, yavuze ko abo bantu ari amabandi yashakaga guhungabanya umutekano, ariko ko ingabo za AFC/M23 zabashije kwica batanu muri bo.
AFC/M23 yasabye abaturage gukomeza kuba maso no gutanga amakuru ku gihe ku bintu byose byahungabanya umutekano, kugira ngo hafatwe ingamba zo kurinda abaturage n’imitungo yabo.
