Madagascar: Umusirikare Mukuru afunzwe akekwaho gushaka kwica Perezida

 


Ku wa 17 Mata 2026, inzego z’umutekano zo muri Madagascar zatangaje ko zataye muri yombi Colonel Patrick Rakotomamonjy, zimushinja kugira uruhare mu mugambi wo gushaka kwivugana Perezida, Colonel Michaël Randrianirina.

‎Amakuru agaragaza ko Rakotomamonjy yafatiwe mu murwa mukuru Antananarivo ku mugoroba wo ku wa 16 Mata, nyuma ahita ajyanwa gufungirwa muri gereza ya Tsisafahy Prison iri mu bilometero hafi 30 uvuye mu mujyi rwagati.

‎Uyu musirikare yari amaze igihe agaragaza kutavuga rumwe n’ubutegetsi bw’inzibacyuho buyobowe na Perezida Randrianirina, wafashe ubutegetsi nyuma yo gukuraho Andry Rajoelina mu mwaka ushize. Yifashishije cyane imbuga nkoranyambaga anenga Leta, ayishinja kunyereza umutungo w’igihugu.

‎Kuva mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mata, inzego z’umutekano zari zatangiye kumushakisha, zimushinja gutegura uwo mugambi. Bivugwa kandi ko hari abandi bantu 11 bafashwe bakekwaho kuba bafatanyije muri icyo gikorwa.

‎Rakotomamonjy wahoze akorera mu biro bya Perezida Randrianirina yirukanwe mu kazi muri Mutarama 2026. Nyuma y’aho, yakomeje gutangaza ko hari ruswa n’imikoreshereze mibi y’umutungo wa Leta, ndetse anashinja umushoramari Koufali Daya, uvugwaho kuba hafi ya Perezida, gukoresha igitutu ku bayobozi, nubwo Leta yo ivuga ko ibyo birego bidafite ishingiro.

Previous Post Next Post

نموذج الاتصال